PADIRI NTABUJIJWE GUKORA POLITIKI, ABUJIJWE KUJYA MU IPIGANWA RISHAKA UBUTEGETSI.

PADIRI NTABUJIJWE GUKORA POLITIKI, ABUJIJWE KUJYA MU IPIGANWA RISHAKA UBUTEGETSI.

Nk'uko nabisobanuye mu gice cya mbere, padiri ntashobora kudakora politiki, kuko umurimo we ni yo gusa gusa. Ushatse ko adakora politiki, wamukuriraho indi mirimo ukamusigira isengesho gusa, kandi na ryo akajya arikorera mu mbere. Nk'uko twabibonye, byinshi akorera mu ruhame bihuje na cya gisobanuro cya politiki: "igikorwa cyose gikorewe mu ruhame, kigamije guha isura imigendekere y’umuryango n’igihugu muri rusange". Gusa na none hari aho amategeko ya Kiliziya atamwemerera kurenga. Ni inzira ziganisha ku gufata ubutegetsi. Reka rero tubanze dusobanure aho politiki ihurira cyangwa itandukanira n'ubutegetsi.

1. Politiki n’ubutegetsi.

Mu kugereranya politiki n’ubutegetsi, wavuga ko urubuga rwa politiki rugarukira ku mpaka mu bitekerezo n’ibyifuzo. Ubutegetsi bwo ni intambwe ituma umwe muri benshi bajyaga impaka yegukana ubushobozi bwo gushyiraho amategeko agenga bose. Kugira ngo bigerweho, ababona ibintu kimwe bishyira hamwe bagafata ubutegetsi mu nzira zinyuranye, yaba amatora cyangwa ingufu. Ubutegetsi ni bwo butuma ibitekerezo bihinduka amategeko, kandi ayo mategeko akagenga bose, ababyibonamo n’ababirwanya. Nyuma y’iyi ntambwe, izo mpande zombi zikomeza kugaragarira mu bari ku butegetsi n’abatavuga rumwe na bo (opposition).

Aho demokarasi itaniye n’igitugu, ni uko demokarasi igena umwanya ibikererezo bitari ku butegetsi bikomeza kwigaragarizamo mu ruhame. Yemera ko ibitekerezo bitari ku butegetsi bikomeza kubyara ibikorwa bya politiki, ku buryo na byo umunsi umwe bishobora kuzagera ku butegetsi. Naho igitugu cyo, gicungira ku muryango ngo ibitekerezo bitari ku butegetsi bitabyara ibikorwa bya politiki (bitajya mu ruhame), ahubwo bigume gusa mu nzu no mu mutima wa buri wese. Nyamara igitugu ntigishobora gusiba burundu ibitekerezo badahuje. Icyo gikora gusa, ni ukubuza ko bijya ku karubanda mu nzira iyo ari yo yose, ngo bitabyara ibikorwa bya politiki. Mu yandi magambo, igitandukanya demokarasi n’igitugu, ni uko nyuma yo gutera intambwe yo gufata ubutegetsi (binyuze mu matora), politiki irakomeza. Urubuga rwo kujya impaka z’ibitekerezo ntiruhagarara. Naho mu miyoborere y’igitugu, ugeze ku butegetsi ahita afunga urubuga rwa politiki.

Ducishirije rero mu magambo make, politiki twayita impaka z’ibitekerezo. Naho ubutegetsi  bukaba intambwe ituma ibitekerezo bibyara amategeko. Impaka za politiki twanazita politiki iziguye, naho uruhando rwo kurwanira ubutegetsi tukarwita politiki itaziguye. Muri make rero, padiri imirimo akora iri mu rwego rwa politiki iziguye, mu ruhando rw’impaka z’ibitekerezo. Icyo abujijwe, ni ukwinjira mu rugamba rwo kurwanira ubutegetsi. Uyu murimo kiliziya yaweguriye abandi bana bayo twita abalayiki.

2. Urugamba rwo kurwanira ubutegetsi ni wo murongo padiri atemerewe kurenga.

Aha ni ho abantu bitiranya ibintu ku bireba ubutumwa bwa padiri, iyo bagira bati: “padiri abujijwe gukora politiki”. Si byo rwose, nta n’aho byanditse mu mategeko amugenga. Kwigisha ivanjili ubwabyo ni igikorwa cya politiki. Gukoranya imbaga buri cyumweru ukayimurikira ku bikwiye n’ibidakwiye, ubwabyo ni igikorwa cya politiki. Urutonde nk’uru nta waruva ntondo. Padiri ntabujijwe ibikorwa bya politiki. Ahubwo imirimo myinshi akora ni byo byuzuyemo. Icyo abujijwe ni ukwinjira mu ruhando rwo kurwanira ubutegetsi. Abujijwe kiriya twise politiki itaziguye. Ni ukuvuga ha handi ibitekerezo bya politiki bifata ubutegetsi bikabyara amategeko. Ntiyemerewe kujya mu myanya y’ubutegetsi cyangwa mu matsinda aburwanya. Iki ni cyo cyanditse mu mategeko agenga Kiliziya. Ibi tubisanga mu gika cya gatatu cy’amategeko ya Kiliziya (droit canon), igika kireba abaramburiweho ibiganza bakanasigwa amavuta y’ubutore (clercs). Iki gika ndetse kivuga ko hari aho bishobora kugera bikaba ngombwa ko n’uru rugamba rw’ubutegetsi barwinjiramo. Icyo gihe babiherwa uruhusa n’ubuyobozi bubashinzwe. Ingingo ibisobanura ni iya 287 mu gika cyayo cya kabiri. Reka tuyishyireho yose mu ndimi ebyiri ngo yumvikane uko yakabaye: “Ils ne prendront pas une part active dans les partis politiques ni dans la direction des associations syndicales, à moins que, au jugement de l'autorité ecclésiastique compétente, la défense des droits de l'Église ou la promotion du bien commun ne le requièrent”. (Babujijwe kugira uruhare mu mashyaka ya politiki cyangwa mu buyobozi bw’amashyirahamwe, keretse ubuyobozi bwa kiliziya bubakuriye busanze ari ngombwa, mu guharanira inyungu z’umuryango w’Imana n’icyiza rusange).

Ni byiza kumva neza icyo iri tegeko rivuga.
1.      Babujijwe kujya mu mashyaka no kuyobora amashyirahamwe batabiherewe uruhusa. Ni ukuvuga ko bitabujijwe burundu. Mu gihe ubuyobozi busanze ari ngombwa, babihererwa uruhusa.
2.      Ku bijyanye n’amashyirahamwe, icyo babujijwe ni ukujya mu buyobozi bwayo si ukuyatangamo ibitekerezo nk’abanyamuryango basanzwe.

3. Kuki padiri atemerewe kujya mu byo kurwanira ubutegetsi uko abonye mu gihe abandi bakirisitu (abalayiki) babyemerewe.

Kuri iyi ngingo, Kiliziya gatolika nta gishya yavumbuye. Ni umuco ushora imizi mu Isezerano rya Kera. Kera hari inzego eshatu mu kuyobora ubuzima bw’umuryango w’Imana: ubwami, ubuhanuzi n’ubusaserdoti. Abahanuzi bari bashinzwe gutangaza ijambo ry’Imana n’ugushaka kwayo. Hashingiwe kuri iryo jambo, abami bari bashinzwe iby’ubutegetsi, ni ukuvuga gushyiraho amategeko. Naho abasaserdoti bo bari bashinzwe gushyikiriza umuryango w’Imana imbaraga zayo ziwufasha gusohoza neza ziriya nshingano ebyiri zibanza. Ingaruka y’ibi byose, ni uko umuntu wese yashoboraga kuba umwami. Ariko si buri wese washoboraga kuba umuhanuzi cyangwa umusaserdoti. Ikimenyimenyi, ni uko imiryango ibyara abami yahindutse incuro nyinshi. Ndetse byanabayeho ko abantu bakora kudeta bagafata ubwami, ariko nta wigeze arota gukora kudeta ngo afate ubuhanuzi cyangwa ubusaseridoti. Uteranyije, umuryango w’Imana muri rusange wagize kudeta eshanu zafashe zinahindura ubutegetsi. Kuba buri wese yarashoboraga kuba umwami (potentiellement), ni kimwe mu byateye izo kudeta. Ubuhanuzi n’ubusaseridoti byo byagombaga ubutorwe budasanzwe. Iki ni cyo cyatumye nta wigeze arota gufata ubuhanuzi cyangwa ubusaseridoti.

Tubigereranyije n’iby’ubu, ubwami bw’icyo gihe ni bwo butegetsi bw’ubu, naho abapadiri bakaba abazungura b’abahanuzi n’abasaseridoti. Kubuza padiri kujya mu by’ubutegetsi ni ukugira ngo yibande kuri iyo mirimo ibiri adafitemo benshi bamusimbura, kandi itarahamagariwe bose. Naho iby’ubutegetsi, hari abalayiki ibihumbi n’inzovu bashobora kuyikora. Ikindi ibya kera bihuriyeho n’iby’ubu, ni uko buri wese ashobora gutegeka (potentiellement). Icyitegererezo ku isi hose, ni uko nta na hamwe uzabona ishuri ritegurirwamo abategetsi. Ugira utya ukabona nk’umuganga bamugize minisitiri w’ingabo, naho umusirikari bakamugira nka minisitiri w’ubuvuzi. Ibi bikwereka ko gutegeka ari ibya bose. Naho kuba padiri, ni ukuvuga umuzungura w’ubuhanuzi n’ubusaseridoti, byo bigomba umuhamagaro udasanzwe. Ikibigaragaza ni inzira umupadiri ategurirwamo. Ni ndende kandi irazwi. Iyi rero ni indi mpamvu ituma padiri agomba kwibanda ku murimo we w’ubuhanuzi, kuko adafite benshi bawumusimburaho. Uruhare rwe muri politiki rusa rwose n’urw’abahanuzi ba kera.

4. Impungenge ifite ishingiro: kubogamira ku butegetsi cyangwa se ku baburwanya!

Muri bya bikorwa bikorerewe mu ruhame bigamije guha isura umuryango n’igihugu (ibikorwa bya politiki) padiri yemerewe, hari aho ashobora gufatwa nk’aho abogamiye ku itsinda riri ku butegetsi cyangwa se ku barirwanya, agafatwa nk’uwarengeye akinjira mu ruhando rwo kurwanira ubutegetsi. Iyo atangaje ibihuje n’ibitekerezo biri ku butegetsi, byitwa ko yijanditse. Iyo atangaje ibyenda gusa n’ibivugwa n’abarwanya ubutegetsi, bamurega kugomesha abaturage no gukoma mu nkokora gahunda za leta. Ni uhurizo ritoroshye kwigobotora, ariko kuba bikomeye si ukuvuga ko bidashoboka. N’ubwo nta hame ridakuka wagenderaho mu gutunganya uyu murimo, ariko hari icyerekezo cyo kwiganwa. Icyo cyatanzwe na ba bahanuzi batubanjirije, ari na bo tubereye abazungura.

5. Inzira eshatu zishoboka.

5.1. Inzira ya mbere: “Uhoraho yambwiye iri jambo ati”.
Hari umuco abo twita abarokore bakomeyeho, twe abagatolika rimwe na rimwe tukawita gukabya. Ikintu cyose bagiye kuvuga, barabanza bakagisasira ngo: “nk’uko byanditswe mu gitabo cy’umuhanuzi runaka”, “nk’uko tubisanga mu ibaruwa yanditswe na... nk’uko tubisanga mu ivanjili yanditswe na...” n’ibindi. Icyo bagiye kuvuga cyose bagiherekeresha umurongo wa Bibiliya. Wenda rimwe na rimwe barakabya hakaba n’ibyo batwara intambike (out of context), nyamara uyu muco ufite akamaro. Ni uburyo bwo kwishingana ugira uti: “ibi mvuga si ibyanjye, simbihangiyeho, bisanzwe mu ijambo ry’Imana. Ushidikanya murangiye aho yabishakira”. Mu yandi magambo, “umunwa ni uwanjye ariko ijambo mwumva ni iry’Imana”. Twebwe abagatolika n’abapadiri akenshi tuvuga ibitekerezo bihuye rwose n’ijambo ry’Imana, nyamara tukibagirwa cyangwa se tukumva atari ngombwa kwibutsa igihe n’imburagihe ko iryo jambo atari iryacu. Ahari tubiterwa n’uko tuba twumva buri wese azi ko icyo twatorewe atari ukwamamaza ibyo twiyumvamo, ahubwo ari ugutangaza ijambo ry’Imana, tukagira tuti buriya bose barabizi. Birakwiye kwibutsa igihe n’imburagihe ko ijambo atari iryacu. Aha abarokore babikora neza. Tunitegereje ba bahanuzi batubanjirije muri ubu butumwa, ni ko babigenzaga.

Mu bitabo by’abahanuzi, imvugo bahuriyeho kandi igaruka kenshi ni iyi: “Uhoraho yambwiye iri jambo, agira ati”. Mu bitabo byose by’abahanuzi, iyi nteruro igarukamo inshuro 233. Ni yo nteruro igaruka cyane kurusha izindi mu nyigisho z’abahanuzi. Akamaro k’iyi mvugo karakomeye. Burya buri muntu wese, yaba yemera cyangwa atemera, yifitemo kamere yo gukenga no kubaha ibimurenze (buri wese ku rwego rwe). Hari uwakwihutira kugutera amabuye kuko ibyo uvuze nka padiri bimubangamiye. Ariko iyo ubiherekeresheje inshuro zose zishoboka iriya nteruro ngo “dore icyo ijambo ry’Imana rivuga kuri iki kibazo”, abatari bake bibatera gutekereza. No mu batemera, si benshi babangukirwa no guhangana n’ikintu babwiwe ko gituruka ku Mana. Icyo twita igitinyiro cy’Uhoraho, ni yo ngabire isangiwe kurusha izindi hagati  y’abemera n’abatemera. Umuco wo kwibutsa buri kanya (kabone n’aho byarambirana) ko ijambo tuvuga atari iryacu ari iry’Imana, tukanabwira abantu aho babishakira, hari byinshi ushobora kuturinda.

Ku rundi ruhande, natwe uyu muco uturinda gutandukira. Tutarebye n’abandi, ntitwakwibagirwa ko natwe turi abanyantege nke. Birashoboka ko umupadiri ahagara kuri altari, agacikwa,  akavuga ubusa cyangwa amahomvu? Rwose tujye tugira kwicisha bugufi: BIRASHOBOKA. Biroroshye guhagarara kuri altari ugacikwa ukivugira ibikujemo. Ariko iyo uri bubiherekereshe inshuro eshanu imvugo ngo “ibyo mbabwiye bihuye n’ijambo ry’Imana nk’uko turisanga mu gitabo....mu ibaruwa yanditswe na...mu ivanjili ya...”, ubitekerezaho gatatu mbere yo kubisohora. Kuko uba uhaye abantu igipimo cyo kugenzura niba ibyo uvuga koko bishoye umuzi mu ijambo ry’Imana. Birakwiye kugaruka ku muco w’abahanuzi wo kwibutsa igihe n’imburagihe ko ijambo dutangaza atari iryacu. Ariko ibyo ntibihagije. Biranakwiye kuvuga koko ibihuye n’ijambo ry’Imana. Hari umutegetsi w’umukirisitu uherutse kwijujutira mu ruhame ko yabuze aho azajya ajya guhimbaza misa y’icyumweru. Ngo hari aharenze hamwe yagiye, asanga abapadiri mu gihe cy’inyigisho biterera urwenya aho kugaburira roho z’abakirisitu.  Yego wenda aba umwe agatukisha bose, ariko umurimo wo kwigisha ijambo ry’Imana ukwiye guhabwa agaciro kandi ukarushaho kunozwa. Uyu murimo ufite akamaro gakomeye kuko ari umwe mu nzira zidufasha gusohoza ubutumwa bwacu bwa gihanuzi, ari wo muganda wacu muri politiki.

5.2. Kugenzura uburyo tuvuga ibintu (la forme).

Abigeze kwiga umukino wa karate, bazi ihame rivuga ko umuntu agomba kwirinda kurakara, kabone n’aho bamukubita ahababaje. Impamvu ni uko iyo urakaye bigutwara imbaraga nyinshi zakagombye kugufasha gutsinda uwo mukino (combat). Kandi ngo iyo umuntu arakaye, ubushobozi bwe bwo kwigenzura (contrôle et concentration) buragabanuka. Hari mugenzi wanjye wigeze kugirana ikibazo n’ubutegetsi kuko mu nyigisho yo ku cyumweru yari yamaganye akarengane bwari bwakoreye abaciye bugufi. Byamuteje itotezwa rikomeye. Naramusuye, ndamusabira kandi ndanamukomeza, kuko akarengane yari yamaganye kari karenze uruvugiro. Icyo tutigeze twumvikanaho, ni amagambo yakoresheje mu kukamagana (forme).

Ayo magambo sinayasubiramo hano uko yakabaye kuko hari benshi bazi ayo mateka, ahubwo ndakoresha ayenda gusa na yo. Ngenekereje, yaragize ati “abakora biriya ni imbwa n’ibicucu”. Mu gusohoza umurimo wacu nk’abahanuzi, dukeneye imvugo idashoza urugamba. Utwumva aba akeneye impumeko y’abashumba bahagurukiye ubuhanuzi ariko batari abarakare. Nkeka ko uriya muvandimwe navuze yatsinzwe n’agahinda ko kubona abaciye bugufi barengana, bimubyaramo uburakari. Muramenye nta muhanuzi urakara. Ubuhanuzi ni nka karate. Iyo urakaye utakaza ubushobozi bwo kwigenzura. Wenda ahari inyigisho ye iyo aza kuyubakisha andi magambo, byari koroshya ibintu. Na none sinashinga icumu ngo nemeze ko bari kumukomera amashyi, ariko guhangana ntibyari kugera ku rwego byagezeho.

Akarengane ni ikintu kibi. Ukarwanya iyo atifubitse ubugwaneza, ashobora kukanyereraho akagwa aho atatekerezaga. Ni yo mpamvu kenshi dutungurwa no kubona ko abambariye kurwanya akarengane barangiza bakoze amarorerwa (les grands crimes se commettent au nom de la lutte contre l’injustice!!!). Umuntu n’ubwo yaba mu makosa, iyo umwakirije ko ari imbwa n’igicucu, ibindi wongeraho aba atagifite amatwi yo kubyumva. Ubwonko buba bwamaze gushyuha, kandi nta baganirira mu muriro. Guhanura ni byiza, ariko si ngombwa imvugo ihangana ngo ukuri kumvikane. Uhanura aba agamije gukora ku mitima y’abo abwira n’abavugwa. Ni byiza guhitamo imvugo itabafunga amatwi cyangwa ngo iyashyushye ikitaraganya.

5.3. Kwiyubakira igihagararo.

Iyi nama abo yagirira akamaro cyane ni abakiri bato. Iyo ugitangira inzira y’ubusaserdoti, biba byiza kumenyereza abantu uko uteye: ko uvuga ukuri utaguciye iruhande, mu mutuzo no mu bwubahane, nk’umuhanuzi wabihagurukiye. Intangiro ni ingenzi. Abantu bagera aho bakakumenyera, bakamenya ko ari “uko wabaye”, kandi ko nta buryarya, umutima mubi cyangwa izindi nyungu zibyihishe inyuma. Iyo bageze aho bavuga bati “nimumureke uriya ni ko ameze”, uba uteye intambwe.

Hari ubwo bibaho, ugasanga umupadiri abantu bamenyereye ko byose abivuga ahuha, kabone n’aho byaba nta ngaruka byatera nta n’ikibazo kibirimo (choses neutres), umunsi umwe hakaba ikintu, bagatungurwa n’uko atoboye akadukana imyitwarire ya gihanuzi batari basanzwe bamuziho. Iyo ibyo bibaye, icya mbere bihutira ni ukwibaza impamvu itumye ahinduka mu kanya gato. Ngo ugushungura ntakuburamo urukumbi, impamvu bashirwa bayibonye cyangwa bakayihimba. Ariko na padiri hari aho aba yibeshye. Umurimo wo guhanura uraremereye ku buryo atari byiza kuwutura ku bantu. Ni byiza kubateguza buhoro buhoro, bakamenyera ko ukuri wakugize intwaro. Hari abatari bake babikubahira kabone n’aho byaba bitabanyuze. Ngo Herodi iyo yabaga yumvise Yohani Batisita yabunzaga umutima, nyamara ngo agakunda kumutega amatwi. Yanamurwaniye ishyaka kugera ku ndunduro kandi Yohani yaramaganaga imyitwarire ye. N’ubwo batavugaga rumwe, ngo Herodi yari azi ko Yohani ari “umuntu w’intabera” (Mk 6,17-20). Burya mu bantu hari benshi bafite iki mu gifaransa twita “honnêteté intéllectuelle”. Ni ukuvuga abantu bashobora kwakira ukuri kabone n’aho kutabashimishije, bitewe n’uko babona gufite ishingiro. Cyane cyane iyo ukuvuze bamuziho kutagenzwa na tubiri, kuba intabera nka Yohani. Bene abo iyo wagiye ubategura buhoro, n’ibikomeye barabyumva kandi ntibakuvebe. Ni ikosa kwiga guhanura agatangirira ku bintu biremereye. Utangira ahera ku tuntu duto, akabanza akamenyera akanamenyereza abamwumva. Ngo uwiga guhara ahera ku mwite w’intano ntahera ku w’ibuguma.

Umwanzuro: ngo ujya gutera uburezi arabwibanza.

Muri iyi nyandiko nageregeje kwerekana uburyo politiki muri rusange, mu buryo buziguye, ari umurimo mwiza twese duhamagariwe, twese na padiri arimo. Gusa icyo padiri abujijwe kikaba kwinjira mu ihiganwa ryo gufata ubutegetsi, keretse abiherewe uruhusa. Naho politiki yo muri rusange, nk’igikorwa cyose gikorewe mu ruhame kigamije guha imisusire igihugu n’umuryango, padiri na we iramureba. Ndetse iyo amaze gufata ifunguro rya mu gitondo, irya roho n’iry’umubiri, ibikorwa byinshi akorera mu ruhame kugeza izuba rirenze bihuye rwose n’icyo twita politiki iziguye.

Dore urugero rutari kure: iyi nyandiko yanjye mu gihe ndimo nyandika iwanjye mu biro nta wayita igikorwa cya politiki. Ariko umuyobozi wa Kinyamateka umunsi azayitangaza mu kinyamakuru cye azaba akoze igikorwa cya politiki. Nanjye umwanditsi, mu kumwemerera kuyitangaza, biyihindura igikorwa cya politiki ku ruhande rwanjye. Abazayisoma, buri wese iwe mu nzu ayiherekesheje akagwa, nta gikorwa cya politiki bazaba bakoze. Nyamara uzayifotora akayinaga kuri  murandasi (internet) azaba akoze politiki. Politiki iziguye twese turayikora. Igishimishije ni uko akenshi tuyikora tutanabizi. Icyo tudakora tutanakwiye gukora, ni ukwinjira mu ruhando rw’amashyaka no kurwanira ubutegetsi.

Na none nk’uko nabishishikarije abandi, reka nanjye nikebure. Ibi byose nababwiye si ku bwanjye, ni ku bw’umuhamagaro w’Uhoraho. Wa wundi utubwira twese abasaserdoti, nk’abasimbura b’umuhanuzi Ezekiyeli ati: “Mwana w’umuntu, amagambo yose nkubwira ujye uyakira mu mutima wawe uyatege amatwi yawe yombi, maze usange abana b’umuryango wanjye uyababwire. Bakumva cyangwa batakumva, uzababwirte uti ‘ni ko Nyagasani Imana avuze’” (Ez 2,10-11). Ubutaha, niba Imana idufashije, tuzarebera hamwe icyo twakwigira ku bahanuzi batubanjirije mu gusohoza buriya butumwa bugamije guha isura umuryango tubamo, ari byo bita politiki iziguye.

Mn. Jean HAKOLIMANA
ISCRVIC

Barcelona-Espagne.

Comentaris

Entrades populars d'aquest blog

LA THEOLOGIE POLITIQUE DE THOMAS HOBBES DANS LE LEVIATHAN

EL SALM 22 AMB LA TEOLOGIA DE LES LAMENTACIONS DEL PROFETA JEREMIES

EL SERMÒ DE LA MUNTANYA, EL CINQUÈ ANTÍTESI (Mt 5,38-42).