UBUKUNGU, ITERAMBERE N'IVANJILI
Muri iyi minsi havugwa ko ubukungu bwahungabanye hose ku isi,
tubona kenshi ku mateleviziyo, tukumva no ku maradiyo uko abahanga baminuje mu
by’ubukungu baganira bungurana ibitekerezo. Akenshi bakoresha imvugo ihanitse
n’imibare tutumva tukumva turatakaye. Ariko na none umuntu aribaza ati, niba
isi yuzuyeho abo bahanga babyumva kuturusha, kuki ubwo bukungu bwazambye imyaka
ikaba ishize ari 8 bwaraburiwe umuti. Muri iyi nyandiko nzinduwe no kwibutsa
abo dusangiye ukwemera kwitinyuka, tukamenya ko natwe turi abahanga mu
by’ubukungu, kandi ko icyerekezo tugenderaho, uko bwije n’uko bukeye, kigenda
kigaragaza ko kirusha ireme byinshi twumvana abahanga. Dukwiye gutinyuka
tugafata ijambo mu ruhame rw’abahanga, kuko twaminuje muri Kaminuza y’Ivanjiri,
tukigishwa n’abarimu bahambaye ari bo Data, Kristu na Roho Mutagatifu. Simbitewe
no kuba intamenya mu by’ubukungu n’iterambere ngo habe hagira unshinja
kwamamaza ubujiji (Imana ishimwe mbifitemo impamyabumenyi ihanitse “Maîtrise”).
Sinzinduwe kandi no kwerekana ko ibindi byerekezo by’ubukungu nta kamaro, oya.
Ahubwo ngamije kwerekana ko aho bigeze ivanjiri ikwiye guhabwa umwanya ukwiye
mu bukungu. Kuba ubukungu twarabwubakiye gusa ku bwenge bwa muntu niho haturuka
kuba ubu bwarahindutse nka sida. Ni ukuvuga indwara itagira umuti uyivura ngo
ikire, ikagira gusa imiti igabanya ubukana ikavura n’ibyuririzi, ariko uburwayi
bugakomeza. Reka dutangire tureba ibyerekezo bikomeye byabayeho mu by’ubukungu.
1. Ibyerekezo
bibiri bikomeye mu by’ubukungu.
Muri ibi binyejana bitambutse, ibyerekezo by’ubukungu
bikomeye twagize ni icya Komunisime n’icya Kapitalisime. Komunisme yaragiraga
iti abantu bahurije hamwe imbaraga, bagahuriza hamwe ibikenerwa mu kubaka
ubukungu (ubutaka, amamashini, amaboko...) mbese byose bakabihuriza hamwe nta
kuvuga ngo iki ni icyanjye, ko ibyo bibaye umusaruro wakwiyongera kandi ugasaranganywa.
Kapitalisime yo ishyira imbere ko buri wese yakwita ku bye bwite (propriété
privée). Kuko kamere muntu irangwa no kwikunda, buri wese azatezwa imbere no
guharanira inyungu ze, maze isi yose ihazamukire. Ikindi ibi byerekezo
binyunaniraho, ni uruhare rwa Leta. Ku bakomunisiti, Leta nk’urwego
ruhagarariye abaturage ikwiye kugenzura byose, byose bikaba ibyayo mu izina
ry’abaturage ihagarariye. Ku bakapitalisiti bo, Leta ikwiye kujya ku ruhande
ikareka abantu bagakora, ikabyivangamo gusa igihe habaye impaka no kugongana.
Icyo ibi byerekezo byombi byibeshyaho, ni ukugira muntu
ishingiro rya byose. Kwibwira ko mu mutima we no mu bushake bwe harimo ibya
ngombwa byafasha kubaka isi nziza. Icyo ivanjili yigisha ni uko ushaka kubaka
isi nziza adakwiye gushakira igisubizo
muri muntu gusa, ahubwo akwiye no kureba hanze ya muntu: kurangamira Imana. Gushingira
gusa ku bushake bwa muntu ni ukwiyibagiza ko ari umunyantege nke. Umwanditsi
w’igitabo cy’Iyimukamisiri yabyigishize mu magambo avuganaguye dusanga mu
kiganiro hagati ya Musa na Aroni. Musa yabajije Aroni impamvu umuryango wa
Israheli wari mamushutse ukamugusha mu cyaha cyo gucura akamasa ka zahabu no
kukita imana. Aroni yaramushubije ati “Abantu urabazi kundusha, kandi ntuyobewe
ko umutima wabo udateye impagarike. Umutima wabo urahengamye, kandi uhengamiye
ku kibi” (Iy 32,22). Ibi ni ukuri. Koko rero, gushingira icyizere ku bushake
bwa muntu tugamije kubaka isi nshya byarananiranye. Igihe kirageze ngo twemere kurangamira Imana
no mu by’ubukungu. Kuyitera umugongo byerekeza kuri ubu bukungu bivugwa ko bwahungabanye.
Mu by’ukuri si ubukungu bwahungabanye, ni muntu. Ikibazo duhanganye na cyo si
ubukungu bwahungabanye (crise économique/economic crisis). Ikibazo cy’ukuri ni
muntu wataye umurongo, wabuze amajyo (human crisis/ crise humaine). Mu
kubyerekana ndibanda ku bihugu by’Uburayi ubundi byari bimenyereye kubaho mu
mutuzo.n Impamvu ni uko iwacu muri Afurika nta wavuga ko ubukungu bwahungabanye
kuko twamye dutyo. Hahungabana ubwari butengamaye, kandi ubwacu buracyataguza.
2. Iyi ibintu byabaye nk’ibindi...Ubukungu buba bwahungabanye.
Inzira ya 17 mu bwiru ari yo i’Ikirogoto yatangiraga igira
iti: “Iyo ibintu byabaye nk’ibindi, umwami aba yapfuye”. Ubanza bwari uburyo
bwo kugenura ko bitoroshye kubona amagambo yo gusobanuramo urupfu rw’umwami. N’ihungabana
ry’ubukungu ni kimwe. Biragoye gusobanura icyo buba bwabaye. Umusaza yumvise
babivuga arabaza ati “ariko se ayo mafaranga yagiye he? Ese yarahiye? Ese
yaranyagiwe, cyangwa yaragurutse? Ntitumuseke kuko bitoroshye kubisobanura ku
buryo buri wese abyumva. Aho bogoraniye ni hahandi navuze. Imvugo ko ngo
ubukungu bwahungabanye itera urujijo kuko uwakwibeshya yagirango ni bwo bufite
ikibazo. Si byo. Uwahungabanye ni muntu. Muntu ni we wahungabanye hanyuma
ihungabana rye rikagaragarira mu byo atunze, mu bukungu n’ubucuruzi. Ihungabana
rya muntu ryo riroroshye kurisobanura. Dore ingingo enye zisobanura imyitwarire
mibi ya muntu izambya ubukungu.
2.1. Muntu arwaye indwara yo kwikubira no kudahaga imutera kurangamira
indonke atitaye ku ngaruka zindi.
Ingaruka y’ibi ii uko ubukungu, n’ubwo budahwema kwiyongera
ku isi (no muri iki gihe bivugwa ko bwahungabanye bwiyongera buri munsi), uko
bwije n’uko bukeye burushaho kwikubirwa na bake. Reka dutange urugero
rw’igihugu gituwe n’abantu icumi, buri wese atunze indogobe akoresha mu murima
we, buri ndogobe ikaba igura amafaranga ijana. Umunsi umwe hadutse umuntu uvuga
ko ashaka indogobe zo kugura kandi buri yose ayitangaho amafaranga igihumbi. Uwa
mbere yarayigurishije n’abandi bati twatanzwe, buhoro buhoro bakanguka indogobe
zoze yaziguze. Mu mafaranga, bari bungutse cyane, kuko indogobe igura ijana
kuyigurisha igihumbi ni umunsi mukuru. Gusa ihinga rigeze, basanze nta n’umwe
usigaranye indogobe. Nyiri ukuzigura ababwira ko ashobora kuzibagurisha
ibihumbi icumi imwe imwe. Ibi ni byo bita “spéculation” cyangwa gucuruza
amanyanga. Babuze uko babigenza, bajya kuguza mu bihugu by’abaturanyi ngo
bagure za ndogobe. Basubiranye indogobe zabo ariko basigarana umwenda ugera mu
ijosi. Ubwo “crisis” iba iratangiye. Bya bihugu bagujijemo na byo byaje guhura
n’ikibazo, kuko batabyishyuriye ku gihe, na byo bijya kuguza ahandi maze ya
ndwara y’umwenda ihinduka gikwira ku isi hose.
Iki ni ikigereranyo nifashishije ngo ngerageze gusobanura ku
buryo bworoheye bose ahakomoka iyi “crise économique”. Ubukungu burarushaho
kwigarurirwa n’abantu bake. Bagura ibyo dutunze kuri make, bagategereza, twabikenera
bakabitugurisha ku murengera utagira aho uhuriye n’igiciro cyabyo cy’ukuri.
Bidusaba kwigwatiriza tukajya mu myenda, kandi igiciro tubitanzeho, twe umunsi
tuzakenera kubigurisha, nta n’uzaduha icya kabiri. Tujye mu ngero zumvikana. Mu
gihugu cya Espagne, muri za 1995, inzu y’ibyumba bitanu yaguraga amafaranga
ibihumbi 50 by’ama EURO. Nyuma y’imyaka 10 gusa, yari igeze ku bihumbi 500. Nyamara
igiciro cyayo cy’ukuri ntikirenze ibihumbi 70. Igiciro cyazo cyagiye cyiyongera
mu nzira imwe na kiriya cy’indogobe. Aba nyuma baguze aya mazu ku bihumbi 500,
ubu barimyiza imoso. Ugerageje kuyigurisha ubu abura n’uwamuha ibihumbi 200.
Ngiyi ingaruka ya “spéculation” kuko ituma ibintu bigira agaciro bidakwiye.
Igiciro kigenda kizamuka muri uru ruhererekane, ariko umuguzi wa nyuma, uwo
bizahiraho, akazabura intama n’ibyuma.
2.2. Indwara ya kabiri: ubucuruzi butubakiye ku gaciro k’ibicuruzwa
ahubwo bushingiye ku cyizere cyo kubibyaza inyungu z’umurengera zihabanye kure
n’agaciro kabyo k’ukuri.
Aha ni ho hubakiye ubucuruzi abantu bakunze kumva bwitwa “Bourse
de valeurs”. Mu kinyarwanda tubyita Amasoko y’imigabane. Ni ubucuruzi benshi
bungukiramo mu ruhererekane, uwa nyuma akabura intama n’ibyuma. Kuko nyine hadashingirwa
ku gaciro k’ikintu ahubwo hakitabwa ku cyizere gitanga cyo kubyara inyungu,
igiciro cy’icyo gicuruzwa kizamuka mu kanya gato, ariko na none kigashobora
guhanantuka mu isogonda. Reka ngerageze kubyumvikanisha mu rugero rwumvwa na
bose. Tuvuge ko ndi umucuruzi, nkitegereza izi ntambara zibera muri Kongo,
nkabona ko zizabyara impunzi nyinshi. Ngashinga Sosiyete yo kugura no guhunika
ibiribwa nteganya ko HCR izabikenera mu minsi iri imbere. Sosiyete yanjye nkayicamo
imigabane 1000 buri wese ugura 5000 FRW, ubundi nkayishyira ku isoko
ry’imigabane (Bourse). Iyo nshoboye kugira abo numvisha ko wa mushinga wanjye
ufite icyerekezo, ya migabane barayigura njye nkaba nkuyemo ayanjye rugikubita.
Mu by’ukuri icyo baba baguze ni icyizere cy’uko wa mushinga wanjye uzabyara
inyungu zihanitse. Baragenda na bo bakumvisha abandi agaciro k’iyo mari, maze
ya migabane yaguzwe bitanu bo bakayicuruza ku bihumbi icumi. Uwuguze na we
ashoboka kubona uwumugurira ku bihumbi 20, bityo bityo.
Reka rero umunsi umwe habe impamvu utunguranye ituma imitwe
yarwanaga yemera gushyikirana no guhagarika imirwano. Cya cyizere cyo kuzagira
impunzi myinshi HCR igakenera kuzigaburira gitangira kuyoyoka. Uzi ubwenge,
atangira gukuramo ake karenge. Uwaguze umugabane ku bihumbi 20 awugurisha
rugikubita. Iyo abona bikomeye, awutanga ku bihumbi 15. Bishobora no
kumukomerana akawutanga kuri bitanu gusa. Tuvuge ko yari yarafashe inguzanyo
muri Banki, ubwo rero ntazashobora kwishyura. Banki na yo irahahombeye,
abakiriya bayo batangiye kubura amafaranga. Icya mbere izakora ni uguhagarika
kuguriza abikorera ku giti cyabo. Nibatabona igishoro bazatangira kugabanya
abakozi, abashomeri biyongere. Nibiba uwari ufite akabari cyangwa resitora
azabona abakiriya be bagabanuka nawe ahine. Wa muhinzi wamugemuriraga ibitoki
cyangwa umworozi wamuzaniraga akaboga ka mushikaki bizamugeraho gutyo gutyo
bibe bibyaye uruherekane rw’ibibazo. Ngicyo icyitwa “crise économique”.
Dufite ikibazo gikomeye kuko agaciro k’ibicuruzwa ku masoko
y’imigabane kaba nta shingiro ntayega gafite. Iyo hahindutse akantu gato,
ikintu cyabarirwaga amamiliyoni gisigara nta n’ugishakira ubuntu. Mu yandi
magambo, ku Masoko y’imigabane ntihacuruzwa ibintu kubera agaciro bifite,
akenshi hacuruzwa ibintu kubera icyizere bitanga cyo kubyara inyungu
z’umurengera. Akantu gato rero gashobora kubihindura byose cya kintu mu masaha
make kigatakaza nka 80 ku ijana by’agaciro cyabarirwaga. Abagishoyemo
amafaranga bizeye kunguka bagasubira ku isuka. Ibi biteye inkeke iyo usanze
hafi 50% by’ubukungu mu bihugu byateye imbere buri kuri aya Masoko y’Imigabane
(Bourse).
Iyi ndwara ifite aho ihuriye n’iya mbere. Hashize imyaka 27
hinjijwe ibihugu bishya mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (Espanye, Ubugereki,
Ubutaliyani, Portugal). Mu kubifasha kuzamuka, Uburayi bwabimennyemo amafaranga
yo kubiteza imbere ngo bifate ibindi bihugu bituranyi. Kimwe mu byibanzweho ni
ukubaka ibikorwa remezo: imihanda, amateme, za gariyamoshi n’ibindi. Ikindi
cyashyizwemo ingufu ni ukubaka amazu. Nk’uko nerekanye uburyo igiciro cy’amazu
cyazamutse bikabije mu gihe gito, byatwewe n’ubu bucuruzi bw’imigabane.
Amabanki n’andi masosiyete yashoyemo amafaranga menshi kuko byatangaga icyizere
cyo kubyara inyungu zirenze. Igihe rero cyarageze cya cyizere kiraza amasinde.
Wahera aha ukumva n’impamvu iyi crise yibanze muri Espanye, Ubugereki,
Ubutaliyani na Portugal. Amabanki menshi n’andi masosiyete bari baraguze amazu
ku giciro gihanitse bizeye kuzayagurisha umurengera. Bwarakeye basanga inzu
bari bizeye kuzavanamo nk’ibihumbi 500 babuze n’ubaha ibihumbi ijana kuko
agaciro kayo k’ukuri katageze aho.
Nguko uko amabanki yakangutse ari mu rwobo. Leta na zo, mu
kugerageza gusama ibimeneka, ziyemeje kuyashoramo amafaranga yazo ngo
adashwanyuka. Gusa uburyo byakozwe byateye indwara ya gatatu ari yo y’umwenda
w’ibihugu (dette publique). Mu by’ukuri hari harwaye amabanki. Bahitamo
kuyavura uburwayi babwomeka kuri za Leta, ni ukuvuga abaturage. Ni nk’uko waba
ufite abana babiri, umwe arwaye impyiko n’umutima undi ari muzima. Ugafata
ingineo za wa wundi muzima ukazitera mu murwayi akijajara uwari muzima
agasigara abayeho ku marenga.
2.3. Indwara y’umwenda w’ibihugu (dette publique).
Mu kugerageza gutabara amabanki yari mu ihurizo ry’ubucuruzi
yishoyemo kubera icyizere cy’inyungu cyaje kuraza amasinde, Ubumwe bw’Uburayi
bwiyemeje kuyamenamo amafaranga yo kuziba icyuho. Ariko kuko batinyaga ko
amabanki atazashobora kwishyura, amafaranga yahawe ibihugu na byo bikayaha
amabanki ariko akabarwa nk’umwenda w’igihugu. Aha rero na ho habereye undi
mukino utangaje. Reka dufate ko nk’amabanki yo muri Espagne yahawe iyo nguzanyo
azishyura ku nyungu za 5%. Igitangaje rero, ni uko iyo ubu Leta ya Espanye
igiye gushaka amafaranga ku masoko, ya mabanki ahindukira akayiguriza riko yo
ikazayishyura ku nyungu za 12%. Reka tubyumve. Leta yagurije banki amafaranga
ihawe n’Ubumwe bw’Uburayi ku nyungu ya 5%. Igahindukira yakenera amafaranga ya
banki yagurijwe ikayiguriza ariko yo ikayungukaho 12%. Ni ukuvuga ko
abanyamabanki baba babonye inyungu ya 7 % batavunikiye. Ingaruka ni uko ubu
ibihugu imyenda ibigeze mu ijosi, ba nyiri amabanki bo baririmba Magnificat,
kandi nyamara ari ibyo bihugu byabahaye inguzanyo.
Umwanzuro wafashwe mu gukemura icyo kibazo na wo ni
agahomamunwa. Aho bigaragariye ko ibihugu nk’Ubugereki bitagishoboye kwishyura.
Hafashwe umwanzuro wo kubyongera izindi nguzanyo ariko noneho ku nyungu
yisumbuye. Ibi ni byo bita la prime de risque. Ni ukuvuga ngo uko ubushobozi
bwawe bwo kwishyura bugenda burushaho kuba buke, birushaho kukugora kubona
abakuguriza, banabikora bakaguca inyungu nyinshi. Aha rero ni ho ubwenge bwa
muntu buyobera. Nta kuntu wabwira umuntu ngo wananiwe kwishyura imyanda yawe ku
nyungu za 12%, none ngiye kukongera undi mwenda uzishyura ku nyungu za 19%.
Ntibisaba ubwenge ngo umuntu abone ko iri hurizo rigoye. Ikizima cyari kuba
yubile bagaharirwa umwenda wabo bagatangira kuri zero. Gusa abafata ibyemezo
muri urwo rwego ntibasomye Ivugururamategeko. Ikigoy kurushano ni uko abo
bafata ibyemezo ari abantu batazwi, bigoye kumenya uwabatumye n’uwo bakorera.
Ngiyo indwara ya kane.
2.4. Indwara ya demokarasi.
Uburayi ni umugabane wiyubatse ushimangira ubuyobozi
bushingiye mu baturage, abafata ibyemezo bakaba bafite uburyo bahagarariye
abandi. Icyagaragaye muri ibi by’ubukungu bwifashe nabi, ni uko abafata
ibyemezo batazwi nta n’uwo bahagarariye (n’ont pas de légitimité populaire).
Ibyo bigira ingaruka kuko inyungu zindi bahagarariye zitari abaturage
zisobanura ibyemezo bigenda bifatwa. Mu Burayi, inzego zihagarariye abaturage
ni za goverinoma n’inteko zishinga amategeko ku rwego rw’ibihugu. Ku rwego
rw’Ubumwe bw’Uburayi, na ho hari Inteko yatowe n’amategeko hakaba n’icyo bita
Komisiyo ari nka yo guverinoma. Igitangaje rero, aba bose ntaho bagaragara mu
byemezo bifatwa. Dore ahubwo abaza imbere: Banki y’u Burayi; Ikigega
Mpuzamahanga cy’Imari (FMI); Ibigo bisesengura ubukungu (Agences de
Qualifications). Aba bose nta muturage bahagarariye. Ni ibigo byikorera
ubucuruzi.
Igiteye impungenge ariko, ni uko bimwe muri ibyo bigo bifite
uruhare rutaziguye muri aka kaga. Reka dutange urugero rwa banki nyamerika
Goldman and Sachs n’uruhare rwayo mu ihungabana ry’ubukungu bw’Ubugereki. Mu
nyaka ya za 2005, Ubugereki bwagize ikibazo cy’uko umwenda wabwo wari utangiye
gukabya. Iyi banki yabafashije guhisha icyo kibazo, ikemeza ko bafitemo
amakonti yuzuyemo amafaranga. Byatumye Ubugereki bukomeza kuronka inguzanyo,
aho bikubitiye biza kumenyekana ko bafite umwenda ukubye gatatu uwo
bakekerwaga. Muri ubu buriganya kandi iyi banki yahawe amafaranga atari make
ngo ibeshye. Yakoze n’ibindi byinshi by’urukozasoni ntabonera umwanya hano. Igitangaje
gusa, ubwo ikibazo cy’ubukungu cyari gitangiye kuba agatereranzamba mu Burayi,
guverinoma zo mu Bugereki no mu Butaliyani zaregujwe, ndetse hahinduka
n’ubuyobozi bwa Banki y’Uburayi. Abagabo batatu bashyizwe muri iyo myanya ni
abahoze ari abakozi bakuru ba ya banki Goldman and Sachs muri cya gihe cya bwa
buriganya. Abo ni Mario Draghi uyobora Banki y’Uburayi; Mario Monti wagizwe
Ministri w’Intebe w’Ubutaliyani na Lucas Papademos wayoboraga Ubugereki. Ibi
byashushe no gusaba ba rutwitsi kuza kuzimya umuriro. Ikibigaragaza, amatora
yongeye kuba, aba baministri b’intebe bombi nta n’umwe wagejeje kuri 10%
by’amajwi y’abaturage. Ugikomeza ni Mario Draghi kuko we adatorwa.
Ubu igihangayikishije abanyaburayi kuruta byose (cyangwa se
icyakagombye kubahangayikisha) ni uko ibya demokarasi baririmba isigaye mu
magambo gusa. Iyo bigeze ahakomeye, ijambo rivuzwe n’umukozi wo mu biro bya
Agence de Qualification (batazi uwamutumye), rirusha kure uburemere iruvuzwe na
Perezida wa Repubulika ubwabo bitoreye.
Umwanzuro.
Ikibazo gikomereye isi mu by’ubukungu ni uko twabwubakiye ku
bwenge gusa. Nyara rero, uzi ubwenge gusa burya nta n’ubwenge aba azi. Kuba isi
ihagaze uko ihagaze ni ingaruka y’uko iyobowe n’abantu bazi ubwenge gusa. Uko
ihagaze cyakora biteye agahinda. Abemera dukwiye guhaguruka, tukibutsa ko
ubwenge bwa muntu bwonyine budahagije Umutima wa muntu ntufite impagarike.
Urahengamye kandi uhengamiye ku kibi. Dukwiye kwibutsa ko hari Undi twavomaho
inama, gushyira mu gaciro, koroherana, guharirana no kunga ubumwe. Niba isi
tuyihariye abazi ubwenge gusa ni uko baminuje, izahora muri crise. Dore
ubukungu bumaze imyaka mbare na mbariro ngo bwarahungabanye, nyamara za
kaminuza ntizihwema gusohora abahanga. Ubutaha, niba Imana iduhaye umugisha,
tuzarebera hamwe icyo ukwemera kwadufasha mu kumva no kuyobora ubu bukungu
bwananiye abahanga. Tuzagerageza kurenga ubwenge turangamire Imana, kuko uzi
ubwenge gusa burya nta n’ubwenge aba azi.
Wahora ni iki abanyabwenge ko batumaze. Ufite akanya washakisha kuri internet "Illuminati ni iki?" Ibisobanuro byose ku bukungu bumeze nabi wabisangamo.
ResponElimina