Entrades

PADIRI NTABUJIJWE GUKORA POLITIKI, ABUJIJWE KUJYA MU IPIGANWA RISHAKA UBUTEGETSI.

PADIRI NTABUJIJWE GUKORA POLITIKI, ABUJIJWE KUJYA MU IPIGANWA RISHAKA UBUTEGETSI. Nk'uko nabisobanuye mu gice cya mbere, padiri ntashobora kudakora politiki, kuko umurimo we ni yo gusa gusa. Ushatse ko adakora politiki, wamukuriraho indi mirimo ukamusigira isengesho gusa, kandi na ryo akajya arikorera mu mbere. Nk'uko twabibonye, byinshi akorera mu ruhame bihuje na cya gisobanuro cya politiki: " igikorwa cyose gikorewe mu ruhame, kigamije guha isura imigendekere y’umuryango n’igihugu muri rusange". Gusa na none hari aho amategeko ya Kiliziya atamwemerera kurenga. Ni inzira ziganisha ku gufata ubutegetsi. Reka rero tubanze dusobanure aho politiki ihurira cyangwa itandukanira n'ubutegetsi. 1. Politiki n’ubutegetsi. Mu kugereranya politiki n’ubutegetsi, wavuga ko urubuga rwa politiki rugarukira ku mpaka mu bitekerezo n’ibyifuzo. Ubutegetsi bwo ni intambwe ituma umwe muri benshi bajyaga impaka yegukana ubushobozi bwo gushyiraho amategeko agenga bose. Kugi...

URUHARE RW’ABAPADIRI BA KILIZIYA GATOLIKA MURI POLITIKI

URUHARE RW’ABAPADIRI BA KILIZIYA GATOLIKA MURI POLITIKI 0. Icyerekezo. Muri iyi nyandiko nzinduwe no kuganira ku ruhare rw’abo mu kinyarwanda dukunze kwita “abihayimana” mu rugamba rwa politiki. Iwacu mu rwa Gasabo, hari ubwo wumva abantu bagaya ibisekuru byahise, bakagira bati: abihayimana bijanditse muri politiki kandi nyamara bidakwiye. Ijambo “abihayimana”, mu kinyarwanda ribumbye ibintu byinshi. Abatari bake barikoresha kuva kuri papa kugeza ku babikira. Ubusanzwe, abihayimana bivuze icyo mu gifaransa twita “religieux”. Ni ukuvuga ababikira, abafurere n’abapadiri bahuriye mu miryango inyuranye. Aba batandukanye n’abapadiri ba za diyosezi (prêtres diocesains), bashinzwe ikenurabushyo (pastorale), ari bo kenshi tubona hirya no hino mu maparuwasi [1] .  Iri sesengura rero ndarishingira cyane cyane ku mibereho y’abapadiri ba za diyosezi, kuko ubutumwa bashinzwe hirya no hino mu maparuwasi batabusohoza batinjiye mu bibazo bya buri munsi by’umuryango barimo. N’abihayima...

UBUKUNGU N’IVANJILI MU RUGAMBA RWO KUBAKA ISI NSHYA.

Ubushize twaganiriye ku mikorere y’ubukungu bwacu n’inenge zibwugarije, zituruka ku myubakire yabwo ishyira imbere agaciro k’ibintu naho ubuntu n’ubumuntu bigahera hanze. Twasezeranye kuzafatanya kureba uburyo ukwemera kwacu n’ivanjili twayobotse byatubera urumuri muri iyi manga icuze umwijima. Ngo aho imfura zisezeraniye ihatanze indi irahaborera. Reka dusase dusangire, tujye inama nk’abajyana. 1. Byose byubakiye ku myumvire ya muntu. Tukiga mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda, twagize umuyobozi (simuvuze nzamuvumba) twari twarahimbye “ l’esprit qui est derrière ”.  Aho twabikomoye, ni uko yakundaga kutubwira ati “ ibyo mukora byose ikiba kinshishikaje mpora nibaza “ c’est l’esprit qui est derrière ”. Ucishirije wavuga ngo “ ikibazo si ibyo mukora, ahubwo ni  imyumvire iba ibiri inyuma ”. Ntiyari kure y’ukuri. Igikomeye mu bantu si ibyo bakora, ahubwo ni imyumvire ibibatera. Ni yo mpamvu n’ubukirisitu bugamije kurema mbere na mbere umutima n’imyumvire, mbere yo kubyar...

EL CODI DOMÈSTIC EN LA CARTA ALS EFESIS I EN LA CARTA ALS COLOSSENCS

1. ELS TEXTOS Col 3,18-4,1 Ef 5,21-6,9 18 Dones, sotmeteu-vos als marits, però feu-ho com demana el Senyor.  19 I vosaltres, marits, estimeu les vostres mullers i no us hi enfadeu.  20 Fills, obeïu en tot els vostres pares, perquè això agrada al Senyor.   21 I vosaltres, pares, no amoïneu els vostres fills, que no es desanimin.   22 Esclaus, obeïu en tot els vostres amos d'aquest món, i no tan sols per acontentar-los quan us vigilen; obeïu-los amb un cor senzill per respecte al Senyor.  23 Sigui quin sigui el vostre treball, feu-lo de cor, pel Senyor i no pels homes,  24 sabent que el Senyor us donarà en recompensa l'herència del cel. L'amo a qui serviu és el Crist.  25 El qui actuï injustament rebrà el que li correspon per la seva injustícia, perquè Déu no fa distinció de persones. 4 1 I vosaltres...